Ikizamini Online cy'Amategeko y’Umuhanda – Kwitegura Ibizamini bya Polisi mu Rwanda January 29, 2024 0 29. Isuzuma riteguye nk’ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwa Polisi. by Kinastory IKIZAMINI 1 / 20Buri modoka cyangwa buri romoruki ikuruwe n’iyo modoka bishobora kugira itara rituma umuyobozi yerekana ko yabonye ikimenyetso cy’uwitegura kumunyuraho. Iryo tara rifite amabara akurikira: a) umuhondo b) icyatsi kibisi c) umweru d) umutuku 2 / 20Ahatari mu nsisiro ibyapa biburira n’ibyapa byo gutambuka mbere bigomba gushyirwa mu ntera ikurikira y’ahantu habyerekana: a) metero 150 kugeza kuri 200 b) metero 100 kugeza kuri 150 c) metero 50 kugeza kuri 100 d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 3 / 20Inkombe z’inzira nyabagendwa cyangwa z’umuhanda zishobora kugaragazwa n’ibikoresho ngarurarumuri. Ibyo bikoresho bigomba gushyirwaho ku buryo abagenzi babibona ku buryo bukurikira: a) babona iburyo bwabo ibyibara ritukura cyangwa ibisa n’icunga rihishije b) ibumoso babona iby’ibara ryera c) A na B ni ibisubizo by’ukuri d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 4 / 20Ibinyabiziga bikurikira bigomba kugira ibikoresho by’ihoni byumvikanira mu ntera ya m 20: a) amapikipiki b) velomoteri c) ibinyabiziga bigendeshwa na moteri bidapakiye d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 5 / 20Icyapa kibuza kunyura kubindi binyabiziga byose uretse ibinyamitende ibiri n’amapikipiki adafite akanyabiziga ku ruhande gifite ibimenyetso by’amabara akurikira: a) umweru n’umukara b) umutuku n’umukara c) ubururu d) A na B ni ibisubizo by’ukuri 6 / 20Uretse ku byerekeye imihanda iromboreje y’ibisate byinshi n’imihanda yimodoka igice cy’umuhanda kiri hakurya y’umurongo mugari wera ucibwa ku muhanda ngo ugaragaze inkombe mpimbano zawo kigenewe ibi bikurikira: a) guhagararwamo umwanya muto gusa b) guhagararwamo umwanya munini gusa c) guhagararwamo umwanya muto n’umunini d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 7 / 20Ibimenyetso by’agateganyo bigizwe n’imitemeri y’ibara risa n’icunga rihishije bishobora gusimbura ibi bikurikira: a) imirongo yera irombereje idacagaguye gusa b) imirongo yera irombereje idacagaguye n’icagaguye c) imirongo icagaguye n’idacagaguye ibangikanye d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 8 / 20Uretse igihe hari amategeko yihariye akurikizwa muri ako karere ikinyabiziga cyose gihagaze umwanya muto cyangwa munini, iyo gihagaze mu mwanya wo kuruhande wagenewe abanyamaguru, kugirango bashobore kugenda batagombye kunyura mu muhanda, umuyobozi agombye kubasigira akayira gafite byibura ibipimo bikurikira by’ubugari: a) m 1 b) m 2 c) m 0.5 d)nta gisubizo cy’ukuri kirimo 9 / 20Usibye ibinyabiziga by'ingabo z'Igihugu, Ikinyabiziga kigendeshwa na moteri kiriho ibyuma ntamenwa cyangwa ikindi cyose gituma gikoreshwa mu gutera cyangwa mu kwitabara ntigishobora kugenda mu nzira nyabagendwa kidafite uruhushya rwihariye. Urwo ruhushya rutangwa naba bakurikira: a) police y’igihugu b) minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu c) minisitiri w’ingabo d) ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro. 10 / 20Buri modoka yagenewe gutwara abantu, ariko umubare wabo ntarengwa ukaba munsi ya 6 umuyobozi abariwemo igomba kugira imikandara yo kurinda ibyago igenewe aba bakurikira: a) umuyobozi b) umugenzi wicaye ku ntebe y’imbere c) ishobora no kugira imikandara kuzindi ntebe z’inyuma d) ibisubizo byose ni ukuri 11 / 20Iyo ikinyabiziga gikururwa n’inyamaswa nacyo gikuruye ikindi uburebure bw’ibikururwa bukaba burenga m 18 hatabariwemo icyo kinyabiziga cya mbere kiziritseho hagomba ibi bikurikira: a) umuherekeza w’ikinyabiziga cya kabiri b) abaherekeza babiri c) A na B ni ibisubizo by’ukuri d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 12 / 20Iki cyapa cyivuga iki? a) Umuvuduko ntarengwa 30 km/h b) Iherezo ry’umuvuduko muke ntarengwa utegetswe. c) Iherezo ry’Umuvuduko muto utegetswe d) Umuvuduko uri hejuru 30 km/h 13 / 20Iki cyapa gisobanura iki? a) Guhindura icyerekezo ibumoso ugana aho bahagarara b) Umuhanda udakomeza c) Nti byemewe guhindura icyerekezo ibumoso d) Guhindura ikirekezo ibumoso ugana ku cyome 14 / 20Iki Cyapa Gisobanura Iki? a) Iherezo Ry’inzira Y’abanyamaguru b) Iherezo Ry’umuhanda Urombereje W’ibice Byinshi c) A Na B Ni Ibisubizo By’ukuri d) Nta nzira ihari 15 / 20Muri ibi byapa ni ubuhe bwoko bw’ibyapa bitegeka byo mu muhanda? a) ibiri mw’ishusho y’urukiramende n’umuzenguruko w’umuhondo b) ibiri mw’ishusho ya mpande eshatu mu n’uzenguruko mw’ibara ry’ubururu c) ibiri mw’ishusho y’uruziga n’umuzenguruko mw’ibara ry’umutuku d) ibiri mw’ishusho ya mpande enye zingana mubuso bw’umukara 16 / 20Iyo umuhanda ugabanijemo ibisate bibiri kandiugendwamo mu byerekezo byombi umuyoboziabujijwe : a) kugendera mu gisate cy’iburyo b) kunyuranaho c) kugendera mu gisate cy’ibumoso d) ibisubizo byose ni byo 17 / 20Iki cyapa gisobanura iki ? a) Guhagarara, aho abanyeshuri bambukira b) Hagarara akanya gato c) Ibindi binyabiziga bigomba kuguha inzira d) Gutanga umwanya ku bindi binyabiziga i buryo bwawe 18 / 20Icyapa kivuga “icyerekezo gitegetswe”kigizwe n’ikirango cy’ibara : a) umweru b) umutuku c) ubururu n’ikirango cy’umweru d) umukara 19 / 20Ibyapa bibuza n’ibitegeka bikurikizwa gusa : a) Mumasangano b) mu bimenyetso bimurika c) a na b ni ibisubizo by’ukuri d) nta gisubizo cy’ukuri kirimo 20 / 20Icyapa cyerekana ko bibujijwe kuvuza amahoni kirangwa na : a) ishusho y’uruziga, ubuso bw’ubururu, ikiranga cy’umukara b) ishusho y’uruziga, ubuso bw’ubururu, ikiranga cy’umweru c) ishusho y’uruziga, ubuso bw’umweru, ikiranga cy’umukara d) ntagisubizi cy’ukuri kirimo Your score is 0% Restart quiz
Ikizamini Online cy'Amategeko y’Umuhanda – Kwitegura Ibizamini bya Polisi mu Rwanda April 21, 2023 0 9.Isuzuma riteguye nk’ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwa Polisi. by Kinastory
Ikizamini Online cy'Amategeko y’Umuhanda – Kwitegura Ibizamini bya Polisi mu Rwanda January 28, 2024 0 28. Isuzuma riteguye nk’ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwa Polisi. by Kinastory